Amagambo amwe yahindura ubuzima bwawe


1. Umugore uciriritse yita ku bwiza aho kwita ku bwonko (ubwenge), kandi abagabo baciriritse nabo bareba abagore bafite ubwiza kuruta kureba abafite mu mutwe!
2. Guhangayika ni ubuswa bingana no kwishyura ideni (umwenda) utigeze ufata!
3. Ntukarwane n’ingurube kuko mwese mwakwandura kuko n’ubundi ingurube yo ikunda umwanda; ni nko kurwana n’udafite icyo ahomba. Nurwana uzahitemo kurwana n’uwijuse aho kurwana n’umunyenzara kuko we azaba asa n’uwiyahura.
4. Nugaburira umugabo umuceli uzaba umukoreye umunsi ariko numwigisha uko bawuhinga, uzaba umukoreye ubuzima bwe bwose!
5. Aho kurata inkongoro, uzarate umwana yagaburiye
6. Ntuzakore ikintu kubera impamvu runaka ahubwo uzagikore kubera ko ari ngombwa ko ugikora
7. Niba udasoma ibinyamakuru menya ko nta makuru ufite, ariko kandi nusoma ayo mu binyamakuru gusa uzaba wibeshya kuko ibinyamakuru birakoreshwa amakuru nyayo uzayasanga mu bitabo
8. Kwihangira umurimo ni inzira ya bugufi yakugeza k’ubukire naho kwiga (kujya gushaka ubumenyi) ni inzira ya kure yo kugera ku bukire
9. Uzarwanye wivuye inyuma abakwereka ko ntacyo uri cyo ahubwo uzahe umwanya abagukosora bakwereka amakosa yawe kuko nibyo bigufasha kumenya no kwibuka uwo uri we!

Leave a Reply