- Ujye uhitamo kwigomwa akanya gato uharanira kuzabaho neza iminsi isigaye
- Uko ugenda ukura, gerageza kwiyoroshya kuko nutabikora iminsi izabigukoresha
- Ubuzima ni igitabo gifite amapage menshi, amabi n’ameza.
- Uyu munsi waba uri kuri page y’ubuzima bubi, ejo wagera kuri page y’ubuzima bwiza.
- Isi ni umwarimu mwiza utanga ikizamini mbere y’uko akwigisha
- Ibyo wita amarira uyu munsi hari igihe wenda yaba ariwo munezero wawe w’ejo.
- Ibyo wita ibyishimo uyu munsi nabyo ejo byavamo amarira, ntawamenya
- Ubuzima tubamo ni ingaruka, nukora neza bizakugarukira kandi nukora nabi bikugarikire
- Gukomera nyako ni ugutuma abagukikije nabo bakomera kuko mu buzima byose ari ugufatanya
- Igihe ubona utangiye guhirwa, ukabona ibyo ukoze byose byemera bijye biguha umwanya wo gutekereza kabiri, kuko akenshi ishobora kuba ari iminsi yawe ya nyuma
- Ntugashimishwe no kwizihiza iminsi mikuru, jya ufata buri munsi wose ugejejeho ko ari umunsi mukuru
Jya ufata buri munsi wose ugejejeho ko ari umunsi mukuru
Text size
Ibitekerezo